Twakira dute umusaraba mu buzima bwacu?




Umukristu wese ahamagariwe kwakira umusaraba mu buzima bwe bwa buri munsi. Mbere na mbere agomba kwemera kubabarana na *Kristu,* ubundi akemera kwiyumanganya no kwihanganira ububabare,Indwara, ubumuga, ubukene, ubuswa mu ishuri, ubushomeri, imirimo dukora ikatuvuna, ibigeragezo, ibyago, izabukuru ndetse n’urupfu. Ibyo byose tubyita imisaraba  

duhetse. 

_Ese tuyakira dute, tuyiheka dute?_

*Ibyiciro by'imisaraba muntu acamo:*

*a) Hari iyo twibariza:*

 

iyo ni ikomoka ku byaha byacu bwite.


*b) Hari iyo tubariza abandi tukayibakorera:*


Ni imisaraba ikomoka ku byaha byacu bigira ingaruka ku bandi.


*c) Hari iyo tubarizwa n’abandi bakanayidukorera:*


Iyi ni imisaraba y’ingaruka z’ibyaha by’abandi kuri twe.


*d) Habaho n’imisaraba tutazi aho ituruka kubera imiterere y’isi.*


*e)* Ariko kandi habaho *n’iyo tubarizwa na Sekibi n’andi mashitani* kubera urwango n’ishyari aba adufitiye.


f) Nyamara ariko Hari *Umusaraba uhatse iyo yose:* uwo ni *UMUSARABA WA KRISTU* ari na wo iyo yindi yose yuzurizwamo. Uyu musaraba w’ikuzo kuri twe twawumva nk’ububabare wakiranywe ukwemera, umuntu azi neza ko nyuma y’umubabaro hari ibyishimo, nyuma y’urupfu hari ubuzima.

Post a Comment

0 Comments